Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyagatare: Umuturage yafatanwe magendu y’amabuye y’agaciro ibiro 296

Ku makuru yatanzwe n’umuturage, ku mugoroba wa tariki ya 17 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Musheri mu rugo rwa Nimuragire Wellars w’imyaka 56 hafatiwe  amabuye y’agaciro angana n’ibiro 296 yo bu bwoko bwa Gasegereti.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko kugira ngo Nimuragire afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage wamubonye ayinjiza mu Rwanda ayavanye muri kimwe mu bihugu duturanye.

CIP Twizeyimana yagize ati  “Hari ku mugoroba nka saa kumi n’ebyiri, umuturage amubona afite imifuka arimo kuyinjiza mu Rwanda.  Yahaye amakuru abapolisi bahita bajya iwe basangayo ayo mabuye koko.”

CIP Twizeyimana akomeza avuga ko mu minsi yashize uyu Nimuragire yagiye avugwaho  gucuruza amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu ariko hakabura ibimenyetso. Yashimiye umuturage watanze amakuru kugira ngo afatwe.

Ati  “Ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’ubundi bucuruzi bwose buhombya igihugu kuko nta misoro baba batanze. Iyo bigeze ku mabuye y’agaciro biba ikindi kibazo kuko bituma andi mabuye ata agaciro bityo bikabangamira ishoramari muri ubwo bucuruzi.”

Yibukije abaturage ko ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bukozwe mu buryo bwa magendu buhanirwa n’amategeko, akangurira abantu kubureka ndetse n’uwo babonye abukora bakihutira kubimenyesha abayobozi.

Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.