Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

[AMAFOTO]: PTS-Gishari abapolisi barenga 500 batanze amaraso

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicuransi mu ishuri ry'amahugurwa y'abapolisi (PTS-Gishari), ishuri riherereye mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari abapolisi bo muri iri shuri bakoze igikorwa cyo gutanga amaraso.  Ni igikorwa kitabiriwe n'abapolisi bagera kuri 566.

Mukamazimpaka Alexia, ni umukozi w'ikigo cy'igihugu cy'ubuzima yavuze ko yishimiye uburyo ubuyobozi bw'iri shuri rya Polisi y'u Rwanda uburyo bwabakiriye ndetse n'abapolisi bakitabira igikorwa cyo gutanga amaraso. 

Mukamazimpaka yagize ati "Twishimiye uburyo ubuyobozi bw'ishuri bwatwakiriye. Byagenze neza kuko twasanze abagombaga gutanga amaraso bari baraganirijwe ku kamaro kabyo, muri rusange bari bariteguye natwe byatworoheye kubaganiriza. "

Yakomeje avuga ko muri ibi bihe ikigo cy'igihugu gitanga amaraso kitoroherwa no kubona abatanga amaraso ariko mu bigo bya Polisi y'u Rwanda ho aboneka bitagoranye. 

Ati "Muri ino minsi yo kwirinda COVID-19 bituma n'usanzwe atanga amaraso atirekura cyane ndetse hari n'igihe babaga bari mu rugo. Ariko iyo tugiye mu bigo bya Polisi abayobozi batwakira neza ndetse tukanasanga n'abapolisi babyumva kandi biteguye."

Yakomeje  avuga ko igikorwa cy 'abapolisi mu gutanga amaraso cyunganira ikigo cy'igihugu cy'ubuzima mu kubona amaraso agenerwa abarwayi hirya no hino mu gihugu. 

Umuyobozi w'ishuri rya Polisi (PTS-Gishari), Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana yavuze ko kuba abapolisi batanga amaraso ni igikorwa cyiza kandi gisanzwe kuko nka Polisi y'u Rwanda iba yifuza ko nta muturage wagira ikibazo cy'amaraso kandi hari abapolisi bafite ubushake bwo kuyatanga. 

Yagize ati  "Twifuza ko turinda umutekano w'abantu bafite ubuzima bwiza. Aya maraso aba azajya gufasha abantu bayakeneye, iki gikorwa abapolisi baracyumva kandi bamaze igihe bagikora. "

Muri iri shuri rya PTS-Gishari havuye amaraso angana na unite zisaga 600 inite imwe ijyamo Miliritilo 450(450Ml).

Mu minsi ishize ikigo cy'igihugu cyari cyavuye gukusanya amaraso mu ishuri rikuru rya Polisi riri mu karere ka Musanze (NPC).