Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza, Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara, ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, yafashe Hakizumubyeyi Eric w’imyaka 20 bikekwa ko yari yibye mota ya Uhiriwenuwiteka Enock w’imyaka 25.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko ubusanzwe Hakizumubyeyi na Uhiriwenuwiteka bari basanzwe batuye mu Karere ka Nyagatare kandi baziranye. Tariki ya 11 muri uku kwezi kw'ukuboza Uhiriwenuwiteka yatije Hakizumubyeyi moto ye ifite ibirango RE647U ngo arye umunyenga, undi aho kuyimusubiza ahita ayicikana.
Ati “Uhiriwenuwiteka amaze gutiza mugenzi we moto yahise amubura atangira gushakisha, kuko yari abizi ko Hakizumubyeyi iwabo ari mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Ndego yahise ajyayo. Abamotari baho bamubwira ko bamubonye (Hakizumubyeyi) afite moto ariko ntiyahatinze kuko yahise yerekeza mu Karere ka Kirehe.”
Yakomeje avuga ko umwe mu bamotari bo mu murenge wa Ndego yari aziranye n’umuyobozi w’umudugudu wa Cyasemakamba mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kirehe. Yaramubajije amubwira ko hari umusore umaze iminsi akodesha muri uwo mudugudu kandi afite Moto atwaraho abagenzi ifite ibirango bihura n’ibya Moto ya Uhiriwenuwiteka.
CIP Twizeyimana ati “Bayoboye Uhiriwenuwiteka agera mu Mudugudu wa Cyasemakamba ahasanga Hakizumubyeyi Eric afite iyo Moto mu nzu yabagamo. Akimara kumubona yahise yitabaza Polisi iraza iramufata. Hakizumubyeyi nawe ntiyagoranye, yahise yemera ko Moto yari yayibye.”
Hakizumubyeyi yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gahara kugira ngo akorerwe idosiye. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yashimiye abaturage uburyo bagiye bahanahana amakuru kugeza ubwo ukekwaho icyaha afatiwe, abasaba kudahishira icyaha ahubwo bagakomeza umuco wo gutanga amakuru.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Kinyarwanda
English










