Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Babiri bafatanwe litiro zirenga 700 za mazutu bacuruzaga mu buryo butemewe

Tariki ya 13 Werurwe, Polisi ikorera mu karere ka Rubavu yafashe abagabo Babiri aribo Habiyaremye Valens w’imyaka 42 na Ndayisaba Fabrice w’imyaka 33 bafite litiro 715 za mazutu bacuruzaga mu buryo butemewe n’amategeko. 

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko aba bakekwa bafatiwe mu kagari ka Bugoyi, mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati:  “Polisi yahawe amakuru ko abo bagabo bacuruza mazutu mu buryo butemewe kandi ko iyo mazutu iri mu nzu kwa Habiyaremye aho acumbitse, nuko tujya munzu ye bahasanga amajerikani 24 ya litiro 20 n’ubujerikani butoya butanu bwa litiro 5 ndetse n’indi imwe nini irimo litiro 210 zose zuzuye mazutu. Nyiri ubwite avuga ko iyi mazutu ngo yazanwe na Ndayisaba ayiguze ngo n’abashoferi mu buryo bwa magendu bakora umuhanda wa Rubavu.”

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburengerezuba avuga ko gucururiza cyangwa kubika mu nzu ibikomoka kuri  peteroli bitemewe, kuko bishobora guteza inkongi bigatwika abantu n’ibintu. 

Ati:  "Birabujijwe kugurishiriza ibikomoka kuri peteroli mu mazu kuko bishobora guteza inkongi, bicururizwa  kuri sitasiyo zabugenewe. Ni nayo mpamvu dukomeza gukangurira abaturage kujya batanga amakuru y’abayicuruza ndetse n’abandi bakora ibikorwa bitemewe n’amategeko.”

Abafanwe mazutu bahise bashyikirizwa urwego rw'igihugu rushinzwe ubugenzacyaha rukorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo bakurikiranwe n'amategeko.