Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ubuhezanguni n'ubutagondwa, ni mu rwego rwo gushimangira imikoranire myiza n'abaturage mu kurwanya ibyaha cyane cyane ibyambukiranya imipaka.
Ubu bukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wa Gatanu mu turere tw'intara y'Amajyepfo ari two; Huye, Gisagara, Ruhango na Nyanza hagamijwe kwigisha by'umwihariko abanyeshuri b'Abayisilamu bari mu biruhuko kwirinda ubuhezanguni.
Abanyeshuri b'abayisilamu barenga 1,100 bari mu biruhuko nibo bigishijwe muri utu turere uko ari tune.
Ubu bukangurambaga bugamije kwigisha umuryango w'abayisilamu muri rusange by'umwihariko urubyiruko kurwanya iterabwoba n'ubuhezanguni, kuko urubyiruko nirwo rukunze gushorwa mu bikorwa by'ubuhezanguni.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 07 Ukuboza, Senior Superintendent of Police (SSP) Faustin Kalimba wo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya iterabwoba yabwiye urubyiruko rw'abayisiramu mu karere ka Nyanza ko icuruzwa ry'abantu ndetse n'ibiyobyabwenge ari bimwe mu bimenyetso by'ubuhezanguni ndetse bikaba zimwe mu nzira urubyiruko runyuzwamwo rushorwa muri ibyo bikorwa.
Yashimangiye uruhare rw'urubyiruko rw'abayisilamu mukurwanya ubwo buhezanguni hatangwa amakuru ku bashobora kubashora muri ibyo byaha.
Yagize ati: "Mufite uruhare mu iterambere ry'igihugu, iterambere rihera ku muntu ku giti cye, aribwo burezi. Mufite uruhare mu iterambere ry'ibikorwa by'urubyiruko ndetse muri na ba ambasaderi mu kurwanya ibikorwa bya gihezanguni n'iterabwoba."
Yabashishikarije kutagendera ku matwara y'udutsiko twitwaza idini ya isilamu ahubwo bakagendera ku myizerere nyakuri y'idini.
Ati: "Utwo dutsiko abaturimo bitwaza idini ya isilamu bagakora ibikorwa bibi."
SSP Karimba yavuze ko n'ubwo ibikorwa by'ubuhezanguni bidakunze kugaragara cyane mu Rwanda, yashishikarije umuryango w'Abayisiramu kutirara ngo bahe icyuho abo bahezanguni.
Polisi yagiranye inama n'abayobizi b'Abayisilamu hamwe n'amatsinda (Clubs) arwanya ubuhezanguni baganira ku bufatanye mu kuzamura imyumvire no kwigisha urubyiruko kurwanya ubuhezanguni n'iterabwoba.
Abayobozi b'Abayisilamu bijeje Polisi kwigisha urubyiruko imyizerere iganisha ku myitwarire myiza ndetse no kugira uruhare ku mutekano n'iterambere ry'igihugu.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 08 Ukuboza ubu bukangurambaga burakomereza ku rubyiruko rw'abayisilamu bo mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mbere y'uko bakomereza mu tundi duce tw'igihugu.

Kinyarwanda
English










