Ikigo cy'igihugu cy'ubuzima mu Rwanda (RBC) mu ijoro rya tariki ya 13 Kanama cyakoze igikorwa cyo gusuzuma abantu barengeje amasaha yo kugera mu ngo zabo harebwa ko nta bwandu bwa koronavirusi bafite.
Iki gikorwa cyabereye mu muri za sitade zo mu mujyi wa Kigali ahahurizwa abantu barengeje isaha ya saa tatu bakiri mu nzira n'abandi barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19. Byabereye muri sitade Amahoro, Sitade ya Kigali i Nyamirambo, sitade ya Kicukiro no muri sitade ya Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK).

Aha niho hahurizwa abantu nijoro mu rwego rwo kugenzura neza urujya n'uruza rw'abarenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.
Umuyobozi mukuru wa RBC, Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko RBC irimo gukorana na Polisi y'u Rwanda mu gusuzuma abarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.
Yagize ati "bariya bantu bagenda nyuma ya saa tatu z'ijoro usanga babaza ibibazo byinshi Polisi y'u Rwanda iyo bafatiwe mu makosa yo kutubahiriza ingamba zo kurwanya iki cyorezo. "
Yakomeje avuga ko ikigo cy'igihugu cy'ubuzima kirimo guhangana n'icyorezo, yavuze ko ibizava mu bipimo byafashwe bizatanga ishusho y'uko icyorezo gihagaze ndetse binafashe umuntu ku giti cye kumenya uko ahagaze n'uko agomba kwitwara.
Ati "Twatangiriye kuri aba bafatwa nyuma ya saa tatu ariko tuzakomeza iki gikorwa mu bandi bantu barimo abafatwa bagenda batambaye neza udupfukamunwa."
Dr Nsanzimana yavuze ko kurenga ku mabwiriza biha icyuho ikwirakwira ry'icyorezo bityo gupima abantu benshi bifasha mu kumenya uko bagiye bahura n'abandi bantu.

Ati "Iki cyorezo kimaze guhitana ubuzima bw 'abanyarwanda umunani, biracyari mu bitekerezo byacu, tugomba kubahiriza amabwiriza yose adusaba kurwanya iki cyorezo. Dukarabe intoki, twirinde ingendo zitari ngombwa, twambare neza udupfukamunwa aho turi hose, twirinde gusurana ndetse tunubahirize amasaha Leta itanga yo kuba turi mu rugo."
Dr Nsanzimana yavuze ko n'ubwo abashakashatsi bageze kure bakora urukingo ndetse n'u Rwanda rukazakoresha urwo rukingo ariko hari ibyo tugomba gukora mbere y'uko ruboneka.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko nta muntu ukwiye kurara muri sitade kandi agomba kuba ari mu rugo. Yashimiye abantu bakomeje kubahiriza amabwiriza.
Yagize ati "Mu minsi ishize twabaga dufite abantu benshi bafashwe bakarara muri za sitade, kuri ubu abantu barimo kugabanuka bigaragara. Abashoferi bakundaga kuba benshi ariko ubu nabo imibare irimo kugabanuka ntibakirenga 10 mu ijoro rimwe."
CP Kabera yavuze ko uku kugabanuka guturuka ku butumwa n'amasomo bahabwa iyo bari muri sitade. Yavuze ko COVID-19 nta mpuhwe igira, irica bityo ikaba igomba kurwanywa na buri muntu hakurikijwe amabwiriza n'izindi ngamba Leta itanga zo kwirinda iki cyorezo.
Kinyarwanda
English











