Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ngororero: Abantu icumi bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabye y’agaciro bunyuranyijwe n’amategeko

Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Nyakanga Polisi ikorera mu karere ka Ngororero mu murenge wa Muhanda mu kagari ka Bugarura yafashe abantu icumi bacukuraga amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.umwe muri abo bantu yari afite ikilo kimwe cy’amabuye y’agaciro bari bamaze gucukura. 

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi  avuga ko bariya bantu bacukuraga amabuye mu ishyamba rya Gishwati ndetse bakanangiza ibidukikije birimo.  Amakuru yatanzwe n’abashinzwe kurinda ririya shyamba.

CIP Karekezi yagize ati   “Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere nibwo abashinzwe kurinda ririya shyamba bahamagaye abapolisi babwira ko bafashe abantu barimo kwangiza ibidukikije muri ririya shyamba bacukuramo amabuye y’agaciro. Abapolisi bahise bajyayo bafata abo bantu uko ari icumi.”

CIP Karekezi akomeza avuga ko atari ubwa mbere muri ririya shyamba hafatirwa abantu bacukura amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko. Ariko Polisi n’ubundi buyobozi bw’igihugu bakaba bakomeje gukangurira abantu kwirinda kujya muri ririya shyamba.

Ati   “Mu minsi ishize hari hafatiwemo abandi bantu 20 bacukura amabuye y’agaciro. Bariya bantu iyo bacukura amabuye y’agaciro muri ririya shyamba rya Gishwati barimbura ibiti birimo.”

Yakomeje avuga ko usibye no kuba bangiza ibidukikije, abaturage bakangurirwa kenshi ko ubucukuzi bunyuranyije n’amategeko ari icyaha gihanwa n’amategeko. Ndetse bikaba byateza impanuka ku buzima bwabo igihe bagwiriwe n’ibirombe.

Abaturage bakangurirwa gutangira amakuru ku gihe ariko nabo ubwabo bakirinda kujya kwangiza ibidukikije bacukura amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko.

Abafashwe uko ari icumi  babanje kujya gupimwa ko nta bwandu bwa COVID-19 bafite nyuma bazashyikirizwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kabaya. 

Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.