Kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira abapolisi bo mu ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) kubufatanye n’ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu bafashe Nzabonimana Vincent w’imyaka 31 na Nsengimana Didas w’imyaka 27. Aba barakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge (urumogi), bakaba barafatanwe udupfunyika ibihumbi 7,500, bafatiwe mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Nyacyonga mu Mudugudu wa Kamiro.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko abaturage aribo bahaye amakuru abapolisi bavuga ko Nzabonimana acuruza urumogi, akaba akorana na Nsengimana nk’umukozi we umufasha kurukura mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
CIP Karekezi yagize ati ”Abaturage baduhaye amakuru, abapolisi bagiye kwa Nzabonimana basanga afite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 7,500. Hari andi makuru y’uko ubundi yari afite udupfunyika 10,000, akaba yarafashwe yari amaze kugurishaho udupfunyika ibihumbi 2,500.”
CIP Karekezi akomeza avuga ko Nzabonimana yafatiwe mu cyuho afite urwo rumogi ariko akaba yafatanyaga na Nsengiyumva Didas, uyu akaba ariwe wajyaga kurumuzanira mu gihugu cya Repubulika ya Congo, aba bambi bakaba bafatiwe rimwe.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru, yasabye n’abandi baturage gukomeza gufatanya na Polisi ndetse n’abandi bayobozi mu kurwanya no gukumira ibyaha bitaraba.
Abafashwe bahise bashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana kugira ngo hatangire iperereza.
CIP Karekezi yavuze ko kuri ubu inzego z’umutekano zirimo gukomeza gukorana kugira ngo bafate abantu bijandika mu bikorwa by’ibiyobyabwenge aho bari hose mu gihugu yaba ababicuruza ndetse n’abakiriya babo babigura.
Mu kwezi gushize ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafashe abandi bacuruzi b’urumogi, bafatiwe mu Karere ka Rulindo bafatanwa udupfunyika twarwo 2,101 n’ibiro 20 byarwo. Abandi babiri bafatiwe mu Karere ka Rubavu bafatanwa ibiro 10 by’urumogi, ni mugihe undi umwe yafatiwe mu Karere ka Rutsiro afatanwa udupfunyika 2,200.
Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).
Kinyarwanda
English










