Ukurikije ibihe by’umwaka mu Rwanda turi mu gihe cy’imvura y’umuhindo, ni igihe gitangira hagati mu kwezi kwa Nzeri kikarangira hagati mu kwezi k'Ukuboza iyo nta mpinduka z’ibihe zabayeho. Ni igihe gikunze kurangwa n’imvura nyinshi cyane, muri iki gihe mu bice bitandukanye by’igihugu hakunze kugaragara ibibazo biturutse ku mvura nyinshi bigateza umutekano mucye cyane cyane mu muhanda.
Ibi bihe biba ari byiza ku bantu b’abahinzi n’aborozi ariko bikagira ingaruka nyinshi ku batwara ibinyabiziga kuko bibasaba kwitwararika cyane ugereranyije no mubindi bihe ndetse bakanafata ingamba kugira ngo bataza gukora impanuka iturutse ku mvura. Niyo mpamvu buri gihe mu bihe by’imvura Polisi y'u Rwanda igira inama abashoferi kwitonda cyane kuko imvura igwa muri ibi bihe iba ari nyinshi cyane kandi irimo umuyaga mwinshi, ubunyerere, inkangu ndetse haba n’ubwo iba irimo amahindu. Ibi byose bibangamira urujya n’uruza rw’ibinyabiziga mu muhanda bikaba byakora impanuka, abashoferi muri ibi bihe bagirwa inama yo kwitwararika cyane.
Abantu bagirwa inama ko igihe cyose batwaye ibinyabiziga mu bihe by’imvura nk’ibyo turimo ubu bagomba kugenzura ko imodoka zabo zimeze neza, mbese ko zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge bw’ibinyabiziga. Bakamenya ko ibinyabizga bifite amapine ashobora guhangana n’ubunyerere, kureba ko amatara yaka neza yose, kureba ko utwuma duhanagura amazi ku kirahure kiri imbere ya shoferi dukora neza (ku batwara imodoka) , kumenya neza ko amaferi y’ikinyabziga nta kibazo afite .
Usibye kugenzura ko ikinyabiziga kimeze neza mu buryo bwa tekinike, mbere yo kukijyana mu muhanda, Polisi ikangurira abashoferi kuba bahagarara aho bageze igihe cyose imvura ikomeje kuba nyinshi. Ariko na none bakagirwa inama yo kwirinda guhagarara munsi y’ibiti by’inganzamarumbo kuko hari aho byagiye bigushwa n’umuyaga mu mvura bigateza impanuka mu muhanda.
Abashoferi kandi bagirwa inama yo kugenda bacanye amatara igihe cyose imvura irimo kugwa kugira ngo babashe kugenda bareba neza imbere yabo, babone banabonwa (n’)uwo bagiye kubisikana, bakangurirwa kandi kugenda buhoro bakagendera mu gice cyabo cy’umuhanda batabangamira abandi, kwirinda kuyobora imodoka mu gice kirimo ibyondo. Abashoferi banagirwa inama yo kugenda bitonze batanyuranaho kuko imvura nyinshi ishobora gutuma utareba neza imbere yawe ukaba wakora impanuka.
Ubundi abashoferi bagirwa inama yo kutarenza umuvuduko wa kilometero 40 ku isaha(40km/hr) igihe batwaye ikinyabiziga imvura irimo kugwa. Ariko kubera ko n’ubusanzwe mu muhanda haba hari ibimenyetso bikwereka umuvuduko ugomba kugenderaho, mu bihe by’imvura nk’umushoferi ni inshingano zawe kwigenera munsi y’umuvuduko ntarengwa bitewe n’uko ikirere kimeze muri ako kanya. Mushoferi menya ko ufite inshingano ku mutekano wo mu muhanda, fata ingamba ku mutekano wawo igihe urimo kuwukoresha.

Kinyarwanda
English










