Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Umucuruzi w’urumogi yafatanwe udupfunyika ibihumbi bibiri magana atanu (2500)

Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi. Mu cyumweru gishize  tariki ya 30 ukwakira abapolisi bo mu ishami rya  Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) bakorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rubavu bafashe Twibanire Jean Bosco  Basigeho w’imyaka 38, yafatanwe udupfunyika 2500. Tariki ya 31 Ukwakira mu Karere ka Muhanga uwitwa Ntawuguranayo Olivier w’imyaka 35 yateshejwe  udupfunyika 1500.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko kugira ngo Twibanire afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati  “Abaturage bakimara gutanga amakuru hateguwe igikorwa cyo kumufata. Abapolisi bagiye aho acururiza urwo rumogi basanga afite itsinda  ry’abasore bafite intwaro gakondo(imihoro n’imbugita) barinda urugo rwe biteguye kurwanya inzego z’umutekano.”

CIP Karekezi akomeza avuga ko byabaye ngombwa ko abapolisi nabo bagaragaza ko bafite imbunda bituma ba bantu bahunga. Barakomeje bagera mu rugo rwa Twibanire basanga afite igipfunyika kirimo udupfunyika tw’urumogi 2500.

Yagize ati  “Abapolisi bamaze kwinjira mu rugo rwa Twibanire basanze afite igipfunyika kinini  kirimo udupfunyika duto tw’urumogi ibihumbi 2500. Twari dufite amakuru ko Twibanire ari umucuruzi uhambaye w’urumogi.”

Nanone mu Karere ka Muhanga Polisi irimo gushakisha uwitwa Ntawuguranayo Olivier, uyu nawe arakekwaho kuba umucuruzi w’ibiyobyabwenge kuko ku makuru yatanzwe n’abaturage tariki ya 31 Ukwakira iwe hafatiwe udupfunyika 1500 tw’urumogi ariko we abasha gucika.

Twibanire amaze gufatwa yashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo akorerwe idosiye.

CIP Karekezi yongeye gukangurira  abaturage gukomeza ubufatanye n’inzego z’umutekano, batangira amakuru ku gihe. Yabibukije ko ibiyobyabwenge ari kimwe mu byangiza ubuzima cyane cyane ku rubyiruko ndetse bigahungabanya umutekano.  Intara y’Iburengerazuba ikunze kugaragaramo abantu benshi bacuruza ibiyobyabwenge(urumogi). Abafatwa biyemerera ko barukura  mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. 

INKURU BIJYANYE 

Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/ 2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa  igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, aribyo urumogi rubarirwamo.