Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

[AMAFOTO]: Abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo basabwe gukomeza imyitwarire myiza ibaranga

Umuyobozi w'agateganyo w'abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w'abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y'Epfo yagaragaje icyizere afitiye abapolisi b'u Rwanda bari muri iki gihugu cya Sudani y'Epfo abasaba gukomeza kurangwa n'imyitwarire myiza bafite.

Ibi byavuzwe na Brig. Gen. Mutasem Aljadid Almajali,umuyobozi wungirije w'abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango muri Sudani y'Epfo ubwo aherutse guhura n'abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu murwa mukuru w’iki gihugu, Juba.

Yavuze ko gukorana n'amatsinda atandukanye y'abapolisi b'u Rwanda muri Sudani y'Epfo byamwongereye icyizere bitewe n'umuhate no kwitanga batizigama bibaranga mu kazi kabo.

Yabasabye gukomeza guharanira gukorera hamwe nk'ikipe bakibanda ku nshingano z'ubutumwa barimo bwo kubungabunga amahoro.



Yagize ati "Mu guhura n'abapolisi b'u Rwanda icyo nahise mbabonamo ni ikinyabupfura, umuhate ndetse no kuba ari abantu bakora bafite intego. Ntimuvuga byinshi ahubwo mukora byinshi."

Yashimye ukuntu bahora biteguye mu kazi kandi bishimye anashimangira ko byose bituruka ku miyoborere myiza y'abayobozi b'amatsinda y'abapolisi b'u Rwanda.

Mu minsi ishize nanone, Brig. Gen. Mutasem Aljadid Almajali yari yagiranye ibiganiro byihariye  n'abayobozi ba rimwe mu matsinda y'abapolisi b'u Rwanda bari aha muri Sudani y'Epfo (RWANFPU-2). Muri ibyo biganiro umuyobozi w'itsinda ry'abapolisi yamugaragarije uko abapolisi ayoboye biteguye, uko bakora neza inshingano zabajyanye muri icyo gihugu ndetse anamugaragariza imbogamizi bahura nazo.

Uyu muyobozi w'agatenyo uyobora abapolisi bari mu butumwa bw’umuryango w'abibumbye muri Sudani y'Epfo yasabye iri tsinda ry'abapolisi b'u Rwanda kujya bategura neza ibikorwa byabo kandi bagatekereza ko ibikorwa byabo bishobora gukomwa mu nkokora n'ibihe turimo by'icyorezo cya COVID-19. Yabasabye kwirinda kuba bakwandura cyangwa bakwirakwiza icyorezo asaba umuyobozi w'itsinda gushyira mu bikorwa amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19.

Brig. Gen. Mutasem yaganirije abapolisi ibijyanye n'impinduka zabaye mu butumwa barimo byose bijyanye n'uko ibintu bimeze muri Politiki y'iki gihugu cya Sudani y'Epfo.



Izo mpinduka nshya zo mu butumwa barimo zirarebana n'uburyo bwo kurinda abasivili aho bari mu nkambi, aho kuri ubu bikorerwa mu nkambi zirimo abantu bakuwe mu byabo n'intambara.

Mu kwezi k'Ukwakira 2020, hasinywe amasezerano hagati ya Polisi y'Igihugu cya Sudani y'Epfo ndetse n'ubuyobozi bw'intumwa z'umuryango w'abibumbye muri iki gihugu. Aya masezerano yahaye ubushobozi Polisi yo muri iki gihugu ndetse n’inshingano z'ibanze mu kurinda abaturage bose.

Muri aya masezerano ku ruhande rw'umuryango w'abibumbye hasinye umuyobozi w'abapolisi bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye muri iki gihugu, Unaisi Lutu Vuniwaqa na Generali Majak Akec,umuyobozi mukuru wa Polisi ya Sudani y'Epfo. Bimwe mu byo Polisi ya Sudani y'Epfo izibandaho harimo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n'ibindi byaha. Polisi ya Sudani y'Epfo kandi izajya ifatanya n'abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu mu bikorwa byo kurinda abasivili bavanywe mu byabo n'intambara bagafatanya n'abapolisi b'umuryango w'abibumbye mu gukora amarondo ndetse no guhanahana amakuru.