Abapolisi 240 bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
Itsinda rigizwe n’abapolisi b'u Rwanda 240 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Ukuboza berekeje i Malakal muri Sudani y’Epfo. Bagiye mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri iki gihugu, bagiye gusimbura bagenzi babo nabo 240 bari basanzwe bakorera muri ako gace ka Malakal mu gihe kingana n’umwaka. Inkuru irambuye
Airtel-Rwanda na Polisi mu bufatanye bwo kurwanya impanuka zo mu muhanda mu minsi isoza umwaka
Polisi y’u Rwanda na Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda Airtel-Rwanda batangiye ubufatanye muri gahunda yo kurwanya impanuka zo mu muhanda binyuze mu bukangurambaga bwa Gerayo Amahoro. Inkuru irambuye
Abantu barakangurirwa kwitondera amayeri yadutse ashingiye ku bwambuzi bushukana hagurishwa imitungo itimukanwa
Ni kenshi mu gihugu hakunze kumvikana inkuru z’abantu bakoresha ubucakura n’uburyarya bagamije kwambura abandi ibyabo, ahanini byari bimenyerewe mu bwambuzi bw’amafaranga, amatelefoni n’ibindi bintu bisa nk’ibyoroheje ariko ubu byafashe indi ntera byageze mu mitungo ihenze nk’amazu n’ibibanza.Inkuru irambuye
Muhanga: Polisi yafashe abantu batatu bakoreshaga umwana mu buryo bwo kumucuruza mu kabari
Mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye haravugwa abantu batatu aribo Niyonizeye Amon ufite imyaka 32 y’amavuko na Iyakaremye Magdalaine w’imyaka 30 bafatiwe mu kabari kitwa One Love k’uwitwa Mukeshimana Francoise w’imyaka 43 bose bashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha RIB. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=14416&cHash=eb857c03678a9f31abee62a5e022457fInkuru irambuye
Gasabo: Polisi yafashe abantu barimo kwangiza ibikorwaremezo by’ikigo cya RSSB
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kinyinya iravuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Ukuboza yafashe abagabo batatu bamaze kwiba ibyuma byubatse uruzitiro rw’ahari ikibanza cy’ikigo cy'igihugu cy'ubwiteganyirize (RSSB), ikibanza giherereye mu mudugudu wa Kabudehe II, akagari ka Gacuriro mu murenge wa Kinyinya. Inkuru irambuye
Rwamagana: Hafatiwe umuntu watangaga ruswa ngo bamufungurire uherutse gufatanwa urumogi
Uwitwa Mukandayisenga Saidatte w’imyaka 42 yafashwe na Polisi ifatanyije n’urwego rw’ubugenzacyaha(RIB) aje gutanga amafaranga ya ruswa kugira ngo Semugaza Jean afungurwe idosiye isigare kuri Uwimana Assouma. Mukandayisenga yafashwe kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Ukuboza azaniye umukozi wa RIB ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50 (50,000Frw). Inkuru irambuye
Kayonza: Polisi yafatanye umuntu imifuka 11 y’amabuye y’agaciro yacuruzaga mu buryo bwa magendu
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Ukuboza Polisi y’u Rwanda ikorere mu karere ka Kayonza mu murenge wa Ndego yafashe uwitwa Murekatete Vestine ufite imyaka 42. Yafatanwe imifuka 11 irimo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Gasegereti yacuruzaga mu buryo bwa magendu. Inkuru irambuye
Polisi y’u Rwanda yongeye kuburira abakoresha abana
Ibi bibaye nyuma y’aho mu bice bitandukanye by’igihugu Polisi ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze bakoze ibikorwa byo kurwanya abakoresha abana mu mirimo itandukanye, kuri uyu wa Gatanu no kuwa Gatandatu mu cyumweru dusoza mu turere twa Rutsiro, Karongi na Kamonyi hagaragaye abana bagera kuri 12 barimo gukoreshwa imirimo itandukanye itajyanye n’imyaka yabo. Inkuru irambuye
Polisi yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ubutagondwa n'ubuhezanguni
Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ubuhezanguni n'ubutagondwa, ni mu rwego rwo gushimangira imikoranire myiza n'abaturage mu kurwanya ibyaha cyane cyane ibyambukiranya imipaka. Inkuru irambuye
Police HC yigaranzuye APR HC itwara igikombe cy'irushanwa rya ECAHF
Mu irushanwa mpuzamahanga ryaberaga i Kigali rihuza amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byo muri Africa y'Iburasirazuba no hagati, Police Handball Club itwaye igikombe itsinze APR Handball Club ku mukino wa nyuma. Umukino wose warangiye Police itsinze ibitego 30 kuri 27 bya APR HC, ni mugihe igice cya mbere cyarangiye Police HC ifite ibitego 22 kuri 15 bya APR HC. Inkuru irambuye