Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

COVID-19: Batatu muri 24 baherutse gufatirwa mu birori i Musanze basanze baranduye COVID-19

Tariki ya 11 Nyakanga nibwo abantu 24 bafatiwe mu rugo rwa Nyiramafaranga Epiphanie w?imyaka 52, aba bantu bari mu gikorwa cyo gutera inkunga umukobwa wa Nyiramafaranga witegura ubukwe muri Kanama uyu mwaka. Polisi yabasanze mu Murenge wa Muko, Akagari ka Kivugiza, Umudugudu wa Kabudundu, Abapolisi basanze bamwe bari hanze abandi bari mu nzu barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Aba bagore 24 bari baturutse mu mirenge ya Muko, Rwaza na Muhoza, bamaze gufatwa bavuze ko ibyo bakoze babitewe n?ubujiji bwo kutamenya amabwiriza yo kurwanya COVID-19 ndetse n?amarangamutima yo gushaka gushyigikira umukobwa w?inshuti yabo Nyiramafaranga Epiphanie.

Nyuma  yo gufata aba bantu uko ari 24 bajyanywe  mu kato i Nkumba bapimwa  icyorezo cya COVID-19 ibisubizo bisanga  batatu muri bo baranduye COVID-19.Muri bo  harimo na nyiri urugo ariwe Nyiramafaranga Epiphanie w?imyaka 52 ari nawe wari watumiye bariya bantu bose 24.


Nyiramafaranga Epiphanie umwe mubasanzwemo ubwandu bwa Covid-19.

Ubwo bafatwaga, Nyiramafaranga yavuze ko yari yatumiye abantu bakeya atazi ko bari buze ari benshi bene kariya kageni.

Ati? Bariya bantu ni inshuti zanjye zashakaga kumfasha gushyingira umukobwa wanjye, natunguwe no kubona haza abangana kuriya nari natumiye bakeya. Twakoze amakosa ariko ntabwo tuzongera kandi ndanakangurira n?abandi kujya birinda kurenga ku mabwiriza aba yatanzwe.?     
    
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze, Senior Superintendent of Police (SSP) Jean  Pierre Kanobayire yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n?abaturage bavuga ko muri urwo rugo babonye hajyayo abantu benshi.

Ati ?Hari nka saa kumi z?umugoroba abaturage baduha amakuru, abapolisi bagiyeyo basanga mu nzu hateraniye abagore 24 baje mu gikorwa cyo kuremera umukobwa  witugura gushyingirwa muri  Kanama uyu mwaka, ni umwana  wa nyiri urugo, Nyiramafaranga Epiphahie.?

SSP Kanobayire yavuze ko usibye no kuba  bariya bantu  bararenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry?icyorezo cya COVID-19 amabwiriza ahagarika ibirori n?amakoraniro muri ibi bihe, bariya bantu nta bwirinzi na buke bari bafite kuko bari bateraniye mu cyumba cy?uruganiriro begeranye cyane.

Ati?Inzego z?ubuzima zikomeje gukangurira abantu ko abantu benshi guhurira ahantu hafunganye ari benshi bitiza umurindi iki cyorezo. Bariya bantu uko ari 24 bari mu cyumba cy?uruganiriro (Salon) begeranye cyane nta ntera iri hagati y?umuntu n?undi ndetse nta n?udupfukamunwa bari bambaye.?

SSP Kanobayire yavuze ko  bariya bantu 24 bamaze gufatwa bahise bajyanwa mu kato i Nkumba bapimwa COVID-19 ari naho byagaragaye ko batatu bafite ubwandu. Harakomeza gupimwa abasigaye bakomeze bagume mu kato kandi banakurikiranwa n?inzego z?ubuzima.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze yakomeje ashimira abaturage batanze amakuru akangurira abaturage muri rusange kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kandi bakabikora badakorera ku jisho bacungana n?inzego z?ubuyobozi. Yabibukije ko ayo makoraniro ariyo ashobora kubakururira ibibazo byo kwandura cyangwa  bakanduzanya iki  cyorezo kigakomeza kwiyongera.

Ati?Niyo mpamvu leta yahagaritse ibirori n?andi makoraniro atemewe, mutekereze ukuntu abantu 24 baturuka ahantu hatandukanye bakajya kwirundira mu cyumba  gito cy?uruganiriro nta ntera bahanye, nta gapfukamunwa bambaye mu gihe nyamara inzego z?ubuzima zihora zidukangurira kwirinda ko virusi itizwa umurindi n?ahantu hameze kuriya.?

Yasabye abaturage gukomeza ubufatanye na Polisi n?izindi nzego muri uru rugamba rwo kurwanya icyorezo cya COVID-19.