Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

COVID-19: U Rwanda rwatangiye gukingira abo rwatumye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe u Rwanda rwatangiye gukingira abapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo no mu Ntara ya Abyei. 

Umunsi wa mbere wo gukingira icyorezo cya COVID-19 hibanzwe ku gukingira abakorera mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba ndetse n’abarimo gukorera mu Ntara ya Abyei.

Mu bahawe uru rukingo rwa mbere  harimo abapolisi b’u Rwanda 356 bagizwe n’abapolisi 319 bari mu butumwa busanzwe bw’umuryango w’abibumbye bari mu murwa mukuru wa Juba(FPU), 18 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwihariye(IPOs) n’abandi 19 bari mu Ntara ya Abyei(UNISFA).

Mu bakingiwe kandi harimo abapolisi 28 baturutse mu bindi bihugu baje gutanga umusanzu wabo wo  kubungabunga amahoro muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo, umukozi w’umuryango w’abibumbye n’umupolisi wo mu gihugu cya Sudani y’Epfo bashatse gufata urukingo rwa mbere rwa COVID-19.

Iki gikorwa cyo gukingira kizakomereza no mu zindi Ntara zo muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo ahari abantu  u Rwanda rwohereje mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu.

Muri Sudani y’Epfo no mu Ntara ya Abyei harabarirwa abapolisi  b’u Rwanda 590 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye. Muri rusange u Rwanda rufite abapolisi barenga 974 bari hirya no hino ku Isi mu butumwa butandukanye  bw’umuryango w’abibumbye.

Twabibutsa ko guhera tariki ya 15 Werurwe 2021 aribwo  Leta y’u Rwanda yatangiye gutanga urukingo rwa mbere rw’ icyorezo cya COVID-19  ku  bapolisi, abasirikare n’abacungagereza bayo bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye ku mugabane wa  Afurika. Ni igikorwa cyatangiriye mu gihugu cya Centre Africa  ahabarirwa abapolisi b’u Rwanda 445 bagizwe n’amatsinda atatu, buri tsinda rikaba rigizwe n’abapolisi 140, hakaba hari n’abapolisi bari mu butumwa bwihariye bw’umuryango w’abibumbye (IPOs).