Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gasabo: Abantu 8 bafatiwe muri Sauna barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Kamena ahagana saa kumi n?ebyiri Polisi y?u Rwanda yafatiye abantu 8 mu nyubako yitwa Golden Palms SPA y?uwitwa Musengimana Grace. Aba bantu bafatiwe aho bagororera umubiri biyuka umwotsi(Sauna massage), bafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri ya I. 

Imyanzuro y?Inama y?Abaminisitiri ya tariki 31 Gicurasi ivuga ko Piscine (swimming pool) na spas(Sauna) zizakomeza gufunga. Icyakora abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

Ubwo abafashwe berekwaga itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena, Musengimana Grace nyiri iyi Sauna massage yavuze ko atari azi ko zigifunze. 

Ati?Natekerezaga ko mu mabwiriza mashya aherutse gusohoka yo kurwanya COVID-19 bazifunguye, ndasaba imbabazi ngira inama na bagenzi banjye bakora ibinyuranyije n?abawiriza yo kurwanya iki cyorezo ko babireka.?

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Gasabo Shema Jonas yasabye abaturage gukomeza ingamba Leta yashyizeho zo kwirinda Covid-19.

Yagize ati ?Icyorezo cya COVID-19 ntikirarangira, kuba imbare y?abandura igabanuka birava mu musaruro w?ingamba zashyizweho zo kurwanya iki cyorezo. Hari ibikorwa bimwe byafunguwe hakaba n?ibindi bitarafungurwa ibitarafungurwa bifatwa nk?ibitemewe birimo na Sauna Massage kuko bikorerwa mu cyumba gito kandi kinashyushye kwanduzanya byakoroha akaba ari nayo mpamvu zigifunze.?

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Gasabo Shema Jonas

Shema yakanguriye abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda iki cyorezo bakora serivisi zemewe izitemewe bagategereza igihe zizafungurirwa.

Umuvugizi wungirije wa Polisi y?u Rwanda Chief Inspector of Police (CSP) Africa Apollo Sendahangarwa yavuze ko amakuru yo gufata bariya bantu yaturutse mu baturage.

Yagize ati ?Twabonye amakuru mu masaha ya saa kumi n?ebyiri z?umugoroba ko hari abantu bari gukora ibikorwa bitemewe mu nyubako ya Golden Palms SPA, Polisi ihita ijyayo isangamo abantu 08 na nyiraho bari mu cyumba cya Sauna Massage barenze ku mabwiriza yose ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.?

CSP Afrika yibukije abaturarwanda ko kubahiriza amabwiriza ajyanye na COVID-19 ari ngombwa bakirinda kuyasuzugura kuko byaba intandaro yo kuba byasubiza abantu mu bihe bibi twanyuzemo bya guma mu rugo.

Yasoje ashimira abaturage badahwe gutanga amakuru, aboneraho kwibutsa abarenga kuri aya mabwiriza ko Polisi ku bufatanye n?abaturage batazahwema gufata abayarengaho.

Abafashwe bajyanwe kuri Stade Amahoro barigishwa, bipimisha COVID-19 ku kiguzi cyabo ndetse banacibwa amande nk?uko amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 abiteganya.

Umuvugizi wungirije wa Polisi y?u Rwanda, CSP Africa Apollo Sendahangarwa