Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gicumbi: Abantu 27 bafatiwe mu nzu barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Werurwe Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Manyagiro yasanze abantu 27 mu nzu ya Mushimiyimana Jackline w’imyaka 39 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.  Bafatiwe mu Murenge wa Manyagiro mu Kagari ka Remera ariko hari abari baturutse mu Mirenge ya Rubaya, Cyumba(Akarere ka Gicumbi)  no mu Murenge wa  Bungwe wo mu  Karere ka Burera.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi, Superintendent of Police(SP)  Jean Bosco Minani  yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari  basanzwe babona abo bantu baza kuhasengera cyane cyane ku Cyumweru.

Ati “Hari saa munani z’amanywa nibwo umuturage yaduhaye amakuru tujyayo dusanga abantu bateraniye mu cyumba gifunganye barimo gusenga. Uriya Mushimiyimana ari nawe nyiri urugo niwe wari uyoboye amasengesho,twasanze nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 bubahirije.”

SP Minani  yakomeje avuga ko ukurikije uko abo bantu banganaga  mu cyumba kimwe byari biteye impungenge ko bakwanduzanya COVID-19 kuko bari begeranye cyane  harimo ubushyuhe bwinshi, hari abatari bambaye udupfukamunwa ndetse nta n’aho gukarabira hari hahari.”

Yakomeje akangurira abaturage gukurikiza amabwiriza igihugu cyatanze bakareka imyumvire itari myiza ibabuza kugendera ku mabwiriza Igihugu kiba cyatanze.

Ati” Ntabwo Leta ibuza abantu gusenga ndetse hano mu Karere ka Gicumbi hari insengero 81 zujuje amabwiriza yo kwirinda COVID-19 zemerewe gusengerwamo. Ariko bariya banze kuzijyamo ahubwo bahitamo  kujya kubyiganira mu nzu y’uriya muturage.”  

Yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye na Polisi ndetse n’izindi nzego mu kugaragaza abarenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Yibukije abantu ko icyorezo kikiriho ntaho cyangiye kandi kikirimo kwica abantu abasaba kubahiriza amabwiriza yose Leta  igenda ishyiraho mu rwego rwo kurwanya iki cyorezo.

Abafashwe baganirijwe bibutswa ubukana bw’icyorezo cya COVID-19 n’ingaruka  zacyo ku buzima bw’abantu  basabwa kubahiriza amabwiriza yo kukirinda  nyuma bacibwa amande.

Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 19 Gashyantare harimo umwanzuro uha uburenganzira insengero gukora ariko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19 , zemerewe kwakira  30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Mu Karere ka Gicumbi habarirwa insengero zirenga 530 z’amadini n’amatorero atandukanye, muri zo  81 nizo zujuje ibisabwa kugira ngo zibe zasengerwamo hubahirijwe amabwiriza yo kurwanya COVID-19.