Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gicumbi: Polisi yafashe abacyekwaho guha abapolisi ruswa ubwo bacuruzaga inzoga zitemewe

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Mutarama Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yafashe Singuranayo Tite w?imyaka 40  na Tuyizere Theoneste w?imyaka 32. Bafashwe baha abapolisi ruswa ingana n?amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 43,500 kugira ngo babareke Singuranayo akomeze  acuruze inzoga itemewe yitwa inkangaza. Bafatiwe mu Murenge wa Manyagiro, Akagari ka Nyiravugiza, Umudugudu wa Rurembo.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi, Senior Superintendent of Police (SSP) Gaston Karagire yavuze ko abapolisi ubwo bari mu bikorwa byo kurwanya abacuruza inzoga zitemewe bageze  ku kabari ka Singuranayo basanga arimo gucuruza inzoga itemewe yitwa inkangaza. Amaze kubona abapolisi yaracitse nibwo we na Tuyizere batangiye gushaka uko baha ruswa abapolisi.

SSP Karagire yagize ati? Singuranayo yamaze gucika abapolisi  haza Tuyizere Theoneste (Umunyamabanga Nshingwabikorwa w?Akagari ka Nyiravugiza) abasaba kumureka (Singuranayo) ahubwo akabaha akantu (ruswa). Tuyizere yahise ahamagara Singuranayo ngo azane ruswa yo guha abapolisi bari baje kumufata, yahise azana amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 43,500 abapolisi bahita babafata bombi.?

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi yaboneyeho kongera gukangurira abantu gucika ku ngeso mbi yo kumva ko bazajya baha ruswa abapolisi kugira ngo barenge ku mategeko.

Yagize ati? Icyo abantu bagomba kumenya ni uko Polisi ari urwego ruri ku isonga mu kurwanya  ruswa  n?abapolisi barabizi ko umupolisi ufatiwe muri ruswa atababarirwa (Zero Tolerance). Abantu rero birinde kugwa mu byaha byo gutanga ruswa ariko cyane cyane birinde kuyiha abapolisi kuko ni nko kwitanga bagafatwa.?

Singuranayo na Tuyizere bahise bashyikirizwa Urwegi rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Cyumba kugira ngo hatangire iperereza.  

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose.  Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka. irindwi (7) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z?agaciro k?indonke yatse cyangwa yakiriye.