Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

KACYIRU: Abapolisi batanze amaraso yo gufashisha abarwayi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mata, abapolisi bitabiriye igikorwa cyo gutanga amaraso azafasha abarwayi bayakeneye, cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Ni igikorwa cyatangiye saa mbiri za mu gitondo cyitabirwa n’abapolisi barenga 200 bo mu mitwe n’amashami atandukanye ya Polisi akorera mu Mujyi wa Kigali.

Umuvugizi Wungirije  wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko igikorwa cyo gutanga amaraso kiri mu bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono hagati ya Polisi y’u Rwanda n'Ikigo cy'Igihugu cyita ku buzima (RBC).

ACP Rutikanga yavuze ko gutanga amaraso abapolisi bamaze kubigira umuco kandi ko buri mwaka byitabirwa n’abapolisi bakorera mu ntara zose z’igihugu bityo ko basobanukiwe neza akamaro ko kuyatanga.

Yagize ati: ”Ku bapolisi ntabwo bigoranye kumva neza akamaro ko  gutanga amaraso, kuko bamaze imyaka irenga 7 bitabira iki gikorwa basobanukiwe kandi bumva neza ko afasha abarwayi benshi mu gihugu bayakeneye.”



Yashimiye abapolisi bose, baba abakorera mu Mujyi wa Kigali no hirya no hino mu gihugu bitabira igikorwa cyo gutanga amaraso, yibutsa ko nta ngaruka cyangwa igihombo uwayatanze ahura nacyo ko ahubwo aba afashije mu kubungabunga ubuzima bw’abarwayi.

Uwamahoro Irène ukora mu ishami rishinzwe gukusanya amaraso (NCBT) ari nawe wari uhagarariye iki gikorwa, yavuze ko gutanga amaraso ari ukurengera ubuzima bw’abarwayi kandi ko bikorwa ku bushake bw’umuntu ku giti cye.

Yagize ati:”Ndashimira abapolisi bitabira igikorwa cyo gutanga amaraso kugira ngo barengere ubuzima bw’abarwayi. Gukorana n’abapolisi biratworohera cyane kuko baba bafite ubushake bwinshi bigatuma tugira umubare munini.”

Yakomeje avuga ko biba byiza mu gihe cyo gutanga amaraso iyo wujuje ibisabwa birimo kuba utari munsi y’ibilo 50 kandi n’ubuzima bwawe bumeze neza muri icyo gihe cyo gutanga amaraso.”

Yasoje ashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bubaha uyu mwanya n’ubwitabire abapolisi bagaragaza mu gutanga amaraso yo gutabara ubuzima bw’abarwayi.

Polisi y’u Rwanda n'ikigo cy'igihugu cyita ku buzima (RBC), mu mwaka wa 2017 basinyanye amasezerano y’ubufatanye bw'igihe kirekire mu gutanga amaraso.

Aya masezerano akubiyemo n’ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge, kwita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya indwara zitandura, kurwanya ubucuruzi bwa magendu y'imiti, gukumira no gufata abanyereza ibyagenewe guteza imbere ubuvuzi n’ibindi bitandukanye.