Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Nyakanga Polisi ikorera mu Karere ka Karongi ku bufatanye n?izindi nzego z?umutekano bafashe Muhoza Janvier w?imyaka 29 ucyekwaho kwiba ibiro 39 by?amavuta azwi nka girisi akoreshwa mu mashini za sosiyete ikora umuhanda Rubengera- Rambura. Yafatiwe mu Karere ka Karongi, Umurenge wa Rugabano mu Kagari ka Rufungo, Umudugudu wa Bwihe.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Banaventure Twizere Karekezi yavuze ko hari inzego zishinzwe umutekano zabanje gufata umuntu wari uhetse ibintu ku igare bamuhagaritse basanga ni amavuta ahetse. Amaze gufatwa yavuze ko yari ahawe akazi na Muhoza Janvier.
CIP Karekezi yagize ati? Abashinzwe umutekano babonye umuntu ahetse umufuka ku igare bagira amacyenga baramuhagarika bamubaza ibyo ahetsemo. Barebye basanga ni amavuta akoreshwa mu mashini, bamubajije aho abikuye avuga ko abivanye mu Murenge wa Rugabano abihawe n?uwitwa Muhoza.?
CIP Karekezi avuga ko ako kanya na Muhoza Janvier yahise ahagera kuko yari inyuma akurikiye uwo yari ahaye akazi ko kubitwara mu rwego rwo kujijisha.Abo bashinzwe umutekano bahise bahamagara abapolisi bajya kureba ibyo bintu, Muhoza yavuze ko yari agiye kugurisha ayo mavuta mu Karere ka Muhanga aho yari afite umukiriya.
CIP Karekezi ati? Tumaze kubibona twahamagaye ku isosiye ikora umuhanda tubabaza ko uwitwa Muhoza Janvier bamuzi nk?umukozi wabo bavuga ko yari asanzwe abakorera ashinzwe gutanga ayo mavuta ku mashini. Twababajije niba hari amavuta babuze babanza kureba mu bubiko basanga haraburamo ibiro 39. Bahise basaba ko Muhoza tumukomeza agakurikiranwa mu butabera.?
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba yavuze ko Muhoza yemeye ko ayo mavuta yari agiye kuyagurisha mu Karere ka Muhanga ariko akaba ari ubwa mbere ngo yari abikoze.
Muhoza Janvier n?ibyo yari afite yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera kugira ngo hakorwe iperereza.
Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n?urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y?umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y?inyungu rusange mu gihe cy?amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Kinyarwanda
English









