Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ukuboza Polisi yerekanye abantu 19 bafatiwe mu bice bitandukanye by?umujyi wa Kigali batwaye ibinyabiziga banyoye inzoga. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo. Bafashwe kuva tariki ya 5 Ukuboza kugeza tariki ya 8 Ukuboza.
Ndayizigiye Nepomuscene ni umwe mu bafashwe, yavuze ko yafashwe mu ijoro rya tariki ya 6 Ukuboza afatirwa mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Rwampala. Yemeye ko abapolisi bamufashe yanyoye inzoga.
Yagize ati? Bamfashe ku isaha ya saa tanu z?ijoro ntwaye moto nanyoye, abapolisi barapimye basanga mfite ibipimo biri hejuru by?umusemburo wa Alukoro. Amakosa narayakoze kandi ndayasabira imbabazi.?

Hagenimana yemeye ko yatwaraga abagenzi kuri moto yanyoye inzoga yitwa Konyagi nyinshi
Hagenimana Xavier nawe yiyemereye ko yafashwe yanyoye ibisindisha ku rwego rwo hejuru kuko ibipimo byagaragaje ko afite umusemburo wa Alukoro ungana na 7. Yavuze ko yafatiwe Nyabugogo, afatwa ku isaha ya saa tatu z?ijoro, aricuza ibyo yakoze agira inama bagenzi be kutazagwa mu makosa nk?ayo yaguyemo.
Yagize ati Kuwa kabiri tariki ya 7 natwaye umugenzi mu bice bya Kanombe ngezeyo ampa inzoga yitwa Waragi. Narayinyoye nibagirwa ko ntwaye moto, mu kugaruka ngeze Nyabugogo baramfata bapimye basanga mfite igipimo cya 7 n.ibice.?
Ari Ndayizigiye na Hagenimana icyo bahurizaho ni uko gutwara ikinyabiziga wanyoye ibisindisha ari bibi ndetse bishobora guteza impanuka mu muhanda. Banavuze ko iyo bafashwe bacibwa amande kandi bagafungwa iminsi itanu bigatuma hari amafaranga batakaza muri icyo gihe cyose. Bakanguriye bagenzi babo batwara ibinyabiziga gukurikiza amabwiriza bakirinda gutwara banyoye ibisindisha.
Umuvugizi wa Polisi mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Senior Superintendent of Police (SSP) Rene Irere yongeye kwibutsa abatwara ibinyabizga ko bagomba kuzirikana ko ubuzima bwabo n?ubw?abandi bakoresha umuhanda ari ingenzi bityo bagomba kwirinda icyateza impanuka mu muhanda.
Yavuze ko abatazajya babyubahiriza bazajya bafatwa babihanirwe kuko Polisi ntizahagarika ibikorwa byo kurwanya ikintu cyose cyateza umutekano wo mu muhanda.

Ndayizigiye nawe yemeye ko yari yanyoye inzoga
Kinyarwanda
English











