Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Lesotho: IGP Munyuza yitabiriye umuhango wo gusoza amasomo y'abapolisi bato

Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Dan Munyuza ari mu ruzinduko mu Bwami bwa Lesotho kuva tariki ya 25 Mutarama. Ni ku butumire bwa mugenzi we uyobora Polisi ya Lesotho, Commissioner of Police Holomo Molibeli, aba bayobozi kandi tariki ya 26 Mutarama bagiranye ibiganiro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama IGP Munyuza aherekejwe na ambasaderi w'u Rwanda muri Africa y'Epfo no mu Bwami bwa Lesotho, Eugene Kayihura bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo y'abapolisi bato 294 basoje amasomo mu ishuri ry'amahugurwa ya gipolisi mu Mujyi mukuru wa Maseru.

Uyu muhango wari witabiriwe na Minisitiri w'intebe mu Bwami bwa Lesotho, Dr.Moeketsi Majoro. Hari kandi Minisitiri wa Polisi n'ituze muri Lesotho, Lepota Sekora, Umuyobozi w' ingabo muri Lesotho, Lt. Gen Majolefa Letsoela. Hari umuyobozi wa Polisi ya Africa y'Epfo, Lt. Gen Khehla Site, hari umuyobozi wungirije wa Polisi mu bwami bwa Eswatini, Dr. Lydia Dlamini n'abandi batandukanye.

Nyuma y?ibirori Minisitiri w'Intebe w'Ubwami bwa Lesotho, Dr. Moeketsi Majoro yaganiriye n'Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda IGP Dan Munyuza.

Polisi y'u Rwanda n'iya Lesotho bafitanye amasezerano y'ubufatanye basinyiye i Kigali muri Kanama 2021. Amasezerano akubiyemo ubufatanye mu kurwanya iterabwoba, ibyaha byambukiranya imipaka, ubufatanye mu kongerera ubushobozi abapolisi mu mikoranire n'abaturage, guhanahana amakuru ndetse no guhugurana mu bintu bitandukanye.

Mu bindi bafitanyemo ubufatanye ni mu rwego rw'iterambere no guhanahana ibikoresho n'integanyanyigisho, kurwanya ikwirakwira ry'intwaro ntoya, guhanahana amakuru ku gihe mu kurwanya ibyaha.