Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyagatare: Polisi yafashe magendu y’imyenda ya caguwa amabalo 11

Ku bufatanye n’abaturage bo mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Tabagwe kuri uyu wa Kabiri  tariki ya 23 Gashyantare Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare yafashe imyenda ya Caguwa amabalo 11 yinjijwe  mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Amabalo 8 yafatiwe mu rugo rw’uwitwa  Nshimiyimana Francois ufite imyaka 30 naho mu rugo rwa Nyiraguhigwa Edinace w’imyaka 65 hafatiwe amabalo 3 ba nyiri iyi myenda Polisi iracyarimo kubashakisha kuko bahise bacika.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko iriya myenda yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage hahita hategurwa igikorwa cyo kubikurikirana.

Yagize ati  “Abaturage  baduhaye amakuru bavuga ko bari bamaze iminsi babona abantu binjiza imyenda ya Caguwa mu ngo za bariya bantu, barabitubwiye tujyayo dusanga koko ni imyenda ya caguwa yinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu.”

CIP Twizeyimana  avuga ko  iriya myenda iva mu gihugu cy’abaturanyi  cya Uganda  aho yinjizwa mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe  mu Murenge wa Tabagwe. Yakanguriye abantu kwirinda  ibikorwa bya magendu kuko byabateza  ibyago byinshi byo kuhahurira n’ibibazo birimo no kuba bahaburira ubuzima.

Yagize ati  “Icya mbere ni uko ubucuruzi bwa magendu butemewe kuko ababukora baba barimo kunyereza imisoro y’igihugu, icyo ni icyaha gihanwa n’amategeko. Ikindi iyo umuntu arimo kwinjira mu gihugu anyuze mu nzira zitemewe kandi abenshi babikora  nijoro, ibi ubwabyo bashobora kubihuriramo n’ibibazo byo kuba babura ubuzima bitiranyijwe n’abagizi ba nabi.”

Muri aka Karere ka Nyagatare  hakunze kwinjirira  ibicuruzwa bya magendu ndetse n’ibiyobyabwenge byiganjemo ikinyobwa cya Kanyanga , akenshi  byinjirizwa binyujijwe  ku mirenge ihana  imbibi n’Igihugu cya Uganda.  Polisi ikangurira abaturage kugira uruhare mu kurwanya ibyo bikorwa batangira amakuru ku gihe, Polisi kandi iburira abishora muri ibyo bikorwa  kuko itazahwema kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara. 

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).