Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyagatare: Polisi yafashe umubyeyi wahannye umwana we by’indengakamere

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Mutarama nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Rwempasha yafashe Uwamungu Jean Paul ufite imyaka 30 nyuma yo gukubita by’indengakamere agakomeretsa umwana we w’umuhugu w’imyaka 8. Byabereye mu Murenge wa Rwempasha mu Kagari ka Kenjojo Umudugudu wa Kenjojo ya Kabiri(Kenjojo II).

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Insepctor of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko Uwamungu yakubise umwana we amuhora ko yari yasibye ishuri  kuwa Gatanu tariki ya 22 Mutarama. Mu kumuhana yamuhannye   by’indengakamere kuko  yamukubise inkoni nyinshi  ndetse bikamuviramo gukomereka akajyanwa kwa muganga.

CIP Twizeyimana  yagize  ati  ”Nyina w’umwana niwe waje gutanga amakuru kuri Polisi nyuma yo kubona uko umugabo we yakubise umwana. Yamuzanye afite imibyimba ku nda yanakomeretse ijisho, umwana yahise ajyanwa kwa Muganga kugira ngo avurwe.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yakomeje avuga ko Polisi yahise ijya gufata Uwamungu ariwe se w’umwana ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rwempasha kugira ngo hakorwe iperereza.

Muri aka Karere ka Nyagatare nanone mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama 2021  Polisi yari yafashe umuturage wo mu Murenge wa Mimuri, Akagari ka  Mahoro akurikiranyweho guhana umwana we by’indengakamere aho yari yamukubise yifashishije insinga z’amashanyarazi.

Inkuru bijyanye: Nyagatare: Polisi yafashe umubyeyi wahannye umwana we by’indengakamere

CIP Twizeyimana yagaye uriya mubyeyi wahannye umwana by’indengakamere ndetse asaba n’abandi babyeyi kujya birinda guhana abana mu buryo bukabije.

Ati  “Nk’uriya mwana ngo yakubitiwe kuba yari yasibye ishuri, nk’umubyeyi yari kumwegera akamuganiriza akamwumvisha akamaro k’ishuri bityo n’umwana bikamufasha kurikunda dore ko akiri muto. Umwana niyo yakora amakosa ameze ate ntabwo wamutura umujinya wose ufite, ahubwo wamuganiriza ukamwereka  amakosa yakoze ukamusaba kutazayasubiramo  byananirana ukaba wamunyuzaho akanyafu ariko udafashe inkoni ngo ukubite umubiri wose cyangwa ngo umuhe ibihano bibabaza umubiri.”

Itegeko n°71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana mu ngingo ya  28 ivuga ko bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n’andi mategeko, umuntu wese uhoza umwana ku nkeke cyangwa umuha ibihano biremereye cyangwa bitesha agaciro harimo n’ibyo ku mubiri, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atatu (300.000 FRW).

Bitabangamiye ibihano birushijeho gukomera biteganywa n’andi mategeko, iyo icyaha kivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo kiviriyemo umwana ubumuga, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW). Iyo icyaha kiviriyemo umwana urupfu, igihano kiba igifungo cya burundu.