Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyamagabe: Abakozi 124 bo mu bitaro bya Kigeme Polisi yabahuguye ku kwirinda no gukumira inkongi

Polisi ikomeje amahugurwa mu  baturarwanda ku kwirinda no kurwanya inkongi. Kuri uyu wa Kane  tariki ya 24  Gashyantare aya mahugurwa yabereye mu bitaro bikuru by?Akarere ka Nyamagabe aribyo bitaro bya Kigeme. Biherereye mu Murenge wa Gasaka, Akagari ka Kigeme, Umudugudu wa Munombe.    

Aya mahugurwa y?umunsi umwe yahawe abakozi 124 bakora muri ibyo bitaro barimo abaganga, abayobozi b?amashami, abafasha b?abaganga, abashinzwe amasuku mu bitaro ndetse n?abashinzwe umutekano muri ibi bitaro bya Kigeme.

Abahuguwe basobanuriwe ibitera inkongi ,amoko y'inkongi n'ibigize inkongi. Beretswe uko bahunga haramutse habaye inkongi ndetse banerekwa uko bakwitabara bazimya inkongi bakoresheje bimwe mu bikoresho harimo za kizimyamuriro n'uburingiti butose.

Umuyobozi w'ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko aya mahugurwa agamije guha ubumenyi abantu batandukanye ku gukumira inkongi no kuyirwanya yabaye.

Yagize ati ?Aho duhugura hose twibanda kubabwira ibiteza  inkongi kugira ngo babyirinde, tukanabereka uko bakwitabara bagahunga ahabaye inkongi. Tubereka uko bakoresha ibikoresho bizimya umuriro n'uko batabara abantu mu ivuriro haramutse habaye inkongi."

ACP Gatambira yakomeje avuga ko abakozi bo mu bitaro bya Kigeme kimwe nk?uko ahandi hose bijya bigenda bahuguwe uko bakwirinda inkongi ituruka kuri gaze itekeshwa mu gikoni, banerekwa uko bakwitabara haramutse habaye inkongi. Beretswe uko bakoresha ikiringiti gitose bazimya inkongi iturutse kuri gaze. Nyuma y?amahugurwa Polisi yasuye hamwe mu hantu hashobora guteza inkongi  muri ibi bitaro nyuma abayobozi b?ibitaro bagirwa inama y?ibyo bakwiye gukosora.

Abahuguwe nabo bashimiye Polisi y?u Rwanda kuba yarabateguriye aya mahugurwa kuko hari byinshi bungukiyemo batari bazi. Bagaragaje ko mu bitaro hari hasanzwe ibikoresho bizimya inkongi ariko bakaba batari bazi uko babikoresha.

Abaturage bakangurirwa guhamagara Polisi kuri telefoni: 111,112 cyangwa bagahamagara kuri 0788311224 Polisi ikabatabara. Ku muturage wo mu Ntara y'Amajyepfo aramutse ahuye n'ikibazo  cy'inkongi cyangwa akeneye ubundi butabazi yahamagara kuri telefoni 0788311449.