Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi irakangurira abantu kwirinda amayeri yo gushaka kuva mu rugo no kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Nyakanga nibwo hatangiye kubahirizwa amabwiriza y?Inama y?abaminisitiri yateranye tariki ya 14 Nyakanga, ni amabwiriza ajyanye no guhangana n?icyorezo cya COVID-19. Muri ayo mabwiriza harimo irivuga ko  abaturage bo mu Mujyi wa Kigali no mu turere Umunani tw?Igihugu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Nyakanga batangira  gahunda ya Guma mu Rugo. Ni mugihe utundi turere 19 dukomeza gahunda ya Guma mu Karere.

Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera arakangurira abaturarwanda kudakerensa amabwiriza kugira ngo birinde ibibazo byabatera ndetse bakaba babitera n?Igihugu. Yabibukije ko kubahiriza amabwiriza neza bifasha kugabanuka ku icyorezo bityo abantu bakaba basubira mu buzima busanzwe.

Yagize ati? Si ubwa mbere habaye iyi gahunda ya Guma mu Rugo cyangwa guma mu Karere, tumaze umwaka n?amezi 4 duhanganye n?iki cyorezo kandi abantu bagiye babyitwaramo neza. Abaturarwanda nibumve ko nta kudohoka kugira ngo hongere habe urujya n?uruza, abantu basubire mu mirimo itandukanye ibateza imbere inateza imbere Igihugu cyacu.?

CP Kabera yavuze ko Polisi y?u Rwanda yiteguye gufasha abantu bafite impamvu zumvikana bakeneye kuva aho bari bajya ahandi. Yibukije abantu kwirinda amayeri yakunze kuranga bamwe mu bantu muri ibi bihe bya Guma mu Rugo aho wasanganga bakora amayeri ashobora kubaviramo ibyaha. Yavuze ko amayeri bakoresha azwi ndetse hari n?andi Polisi ifitiye amakuru bashobora kuzakora kuri iyi nshuro ya Guma mu Rugo.

Ati? Mu bihe byatambutse hagiye hagaragara bamwe mu bantu bahimbaga impushya tukabafata, hari abahererekanyaga ubutumwa bugufi bubemerera kugenda, hari abahabwaga uruhushya bakirirwa bazengurukana ibiribwa mu modoka cyangwa bagendana agafuka bavuga ko bagiye guhaha. Hari n?ibindi tutavuga dufitiye amakuru cyangwa dutekereza ko bazakora. Turabamenyesha ko nta muntu warenga ku mabwiriza ngo ye kumenyekana cyangwa ngo ye kubihanirwa.?

Hari bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali nabo banenga abarenga ku mabwiriza Leta iba yashyizeho hagamijwe  guhashya iki cyorezo.

Iraguha Innocent na Mukahirwa Stepahanie ni abaturage bo mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Kagari ka Nyabugogo.  Kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 17 Nyakanga bavuze ko bumva neza impamvu Leta iba yashyizeho gahunda ya Guma mu Rugo, bityo bakangurira abantu kujya bubahiriza amabwiriza aba yatanzwe.

Iraguha yagize ati?Hari abantu usanga bahimba amayeri bakava mu ngo bavuga ko bagiye guhaha bagafata agafuka cyangwa igikapu bakirirwa bazenguruka ahantu hose. Dukwiye gukomeza kubahiriza gahunda Leta iba yashyizeho. Niba ari uguhaha cyangwa kujya kuri Banki mu rugo hakagenda umuntu umwe kandi nawe akajya mu bimujyanye, aho agiye akarangwa no kwirinda yambara agapfukamunwa neza, guhana intera n?abantu, gukaraba intoki n?amazi meza n?isabune n?ibindi.?

Mukahirwa yagize ati? Impamvu ya Guma mu Rugo irumvikana kandi ni ngombwa. Iki cyorezo kirimo kwica abantu benshi, abakuru n?abato abasanganwe uburwayi n?abasanzwe bakomeye. Ikiza ni uko buri muntu yakubahiriza amabwiriza Leta igenda ishyiraho yo kukirinda kandi tugafatanya n?inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza.?
 
Yakomeje avuga ko abantu bakwiye kurinda ubuzima bwabo kandi banirinda kurenga ku mabwiriza bakaba bacibwa amande mu gihe ayo mafaranga yakwifashishwa mu gutunga umuryango muri ibi bihe bikomeye.

Uturere umunani twiyongera ku Mujyi wa Kigali twashyizwe muri Guma mu Rugo ni Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro. Abatuye muri utwo duce cyo kimwe n?Abanyarwanda bose muri rusange basabwe kugabanya mu buryo bushoboka impamvu zatuma bakora ingendo.Utundi turere 19 twashyizwe muri gahunda ya Guma mu Karere. Biteganijwe ko aya mabwiriza yatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Nyakanga azamara iminsi 10.