Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yahuguye abakozi b?ikigo cya International High-tech services kurwanya inkongi

Polisi y'u Rwanda ishami rishinzwe kurwanya inkongi, kuri uyu wa kabiri  tariki ya 22 Werurwe, ryahuguye  abakozi  bakora  mu kigo cya    International High-tech Services (IHS),  ikigo gishinzwe gukora ibikorwa remezo bijyanye n?itumanaho, uburyo bwo gukumira no kurwanya inkongi,  amahugurwa yabereye  ku cyicaro gikuru giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Aya mahugurwa yabaye  muri gahunda ya Polisi y'u Rwanda yo kwigisha ibigo bya Leta, ibyigenga  n'abantu batandukanye amasomo y'ibanze yabafasha kwirinda no kurwanya ibyago bikomoka ku nkongi.

Aya mahugurwa y?iminsi ibiri yahawe abakozi 93 bakora muri iki kigo mu mashami atandukanye harimo abayobozi bacyo, abashinzwe ikoranabuhanga, abatekinisiye, n?abashinzwe umutekano muri iki kigo.

 Abahuguwe  basobanuriwe ibitera inkongi, amoko y'inkongi n'ibigize inkongi,  banerekwa uko bakwitabara bazimya inkongi bakoresheje bimwe mu bikoresho harimo za kizimyamuriro n'uburingiti butose.

Umuyobozi w'ishami rishinzwe kurwanya inkongi Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira; Umuyobozi w'ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko aya mahugurwa agamije guha ubumenyi abantu batandukanye ku gukumira inkongi no kuyirwanya mu gihe ibaye.

Yagize ati: ?abahugurwa basobanurirwa ibitera inkongi kugira ngo babyirinde, tubereka uko bakwitabara  mu gihe habaye inkongi. Tunabereka uburyo  ibikoresho bizimya umuriro bikoreshwa n?uburyo batabara abantu  haramutse habaye inkongi."

ACP Gatambira yakomeje avuga ko abakozi bo muri iki kigo cya International High-tech Services kimwe n? ahandi hatangiwe amahugurwa, bahuguwe uko bakwirinda inkongi ituruka kuri gaze itekeshwa mu gikoni, banerekwa uko babigenza haramutse habaye inkongi iyikomotseho.

Nyuma y?amahugurwa Polisi yasuye hamwe mu hantu hashobora guteza inkongi  muri iki kigo  nyuma abayobozi  bagirwa inama y?ibyo bakwiye gukosora.

Abaturage bakangurirwa guhamagara Polisi kuri telefoni: 111,112 cyangwa bagahamagara kuri 0788311224 mu gihe habaye inkongi y'umuriro Polisi ikabatabara.