Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kanama, Polisi y?u Rwanda ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi ryahuguye abantu 200 biga muri Kaminuza ya East African University Rwanda iherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo ku gukumira no kurwanya inkongi.
Ni amahugurwa y?umunsui umwe yitabiriwe n?abayobozi, abanyeshuri n?abarimu babo, abashinzwe umutekano, n?abakora amasuku bo muri iyi Kaminuza ishami rya Kigali nyuma y?uko ku wa kabiri tariki ya 9 Kanama hari hahuguwe abakozi n?abanyeshuri 65 biga mu ishami rya Nyagatare.
Inspector of Police (IP) Boniface Runyange, watanze aya mahugurwa yavuze ko bahisemo guhugura abanyeshuri bo mu bigo by?amashuri hagamijwe kubongerera ubumenyi dore ko baba basanzwe biga n?andi masomo, kubigisha uko bakwirinda inkongi, ni uko bayizimya bakoresheje ibikoresho byabugenewe nabyo ari ingenzi.
Yagize ati: ?Mu byo tubigisha harimo kubasobanurira inkongi icyo ari cyo, ibizitera, n?uburyo butandukanye bwo kuzirinda, tunabigisha kandi uburyo bashobora kuzizimya zikiri ntoya bakoresheje ibikoresho bimwe mu byo bari basanzwe bafite, tunabasobanurira uburyo bakwifashisha ikiringiti n?isume bitose bagatwikira ikibatsi mu gihe baba bahuye n?inkongi iturutse kuri Gazi, banasobanurirwa ko habaye inkongi iturutse ku mashanyarazi bakwiye guhita bakupa amashanyarazi, bakabona gutangira kuzimya.?
IP Runyange yabasabye gukoresha ubumenyi bahawe bakanirinda icyateza inkongi, anabakangurira gusangiza ubumenyi bahawe abandi haba mu ngo iwabo ndetse n?abo baturanye.
Umuyobozi mukuru w?iyi Kaminuza Prof. Kabera Callixte yavuze ko mu kigo hahurira abantu benshi bakaba bari bafite icyuho n?impungenge, bibaza uko byagenda bahuye n?inkongi y'umuriro mu gihe badafite ubumenyi buhagije mu kuzizimya.
Yagize ati: ?Turashima Polisi yacu ko yakiriye ubusabe bwacu, ubu haba ku cyicaro cya kaminuza ishami rya Nyagatare ndetse na hano i Kigali twizeye ko inkongi yose yaba Polisi yajya kuhagera hari icyo twakoze , usibye iki cyuho, nk?ikigo twari dufite ,abanyeshuri biga amasomo y?Ubuzima Ituze n?umuteno (Health Safety and Security) nabo iri somo bari barikeneye kuko biri mu masomo yabo. Rero ubumenyi twabonye bugiye kudufasha haba hano mu kigo ndetse no mu miryango yacu aho duturuka.?

Kinyarwanda
English










