Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yerekanye abantu 12 bafatiwe mu birori mu rugo rw?umuhanzi Jay Polly harimo uwatangaga ibisubizo bya Covid-19 yihimbiye.

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 25 Mata ku cyicaro cya Polisi mu Mujyi wa Kigali i Remera Polisi yeretse itangazamakuru  abantu  12 bafatiwe mu rugo rw?umuhanzi  witwa Tuyishime Joshua uzwi ku izina rya Jay Polly. Aba bantu bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko bari mu birori  barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19,bafashwe barimo kunywa inzoga n?ikiyobyabwenge cy?urumogi harimo kandi n?abanyamahanga bari bafite ibisubizo bya COVID-19 bihimbano bigaragaza ko batanduye COVID-19.  Hanerekanywe kandi n?umuganga watangaga ibisubizo by?ibihimbano bigaragaza ko umuntu atanduye COVID-19.

Ubwo  berekwaga itangazamakuru, umuhanzi Tuyishime Joshua(Jay Polly)   yavuze ko tariki ya 23 Mata aribwo bariya bantu 12 baje iwe mu buryo atari yateguye. Yavuze ko yari afite abashyitsi bakeya nyuma abo bashyitsi bagenda bahamagara inshuti zabo baba benshi ari nabwo Polisi yabafashe.

Yagize ati? Tariki ya 23  Mata  nari mfite abanyamahanga batatu,  abanyamerika 2  n?umunya Tanzaniya baje iwanjye ngo tuganire  ibijyanye no kubamamariza ubucuruzi bashaka kuzana hano mu Rwanda. Nari kumwe n?abandi bantu batatu b'abanyamahanga na murumuna wanjye, nabasize mu rugo njya kukazi ngarutse ku mugoroba  nsanga barimo kunywa inzoga,  bagiye bahamagara inshuti zabo  Polisi ihita iza iradufata isanga turi 12.?

Jay Polly  yemeye amakosa yakoze ayasabira imbabazi, yazisabye abahanzi bagenze be, Polisi y?u Rwanda n?abaturarwanda muri rusange.

Ati? Aba bantu nazanye iwanjye hashobora kuba harimo uwanduye COVID-19 akaba  yayanduza abandi nabo bakajya kuyikwirakwiza mu baturarwanda batandukanye. Ndasaba imbabazi abakunzi banjye(Fans),  abahanzi bagenzi banjye, ndasaba imbabazi Polisi y?u Rwanda ndanasaba imbabazi abaturarwanda muri rusange.?

Umuhanzi Tuyishime Joshua (Jay Polly) yasabye imbabazi abaturarwanda bose ku byabereye iwe.

Mu beretswe itangazamakuru harimo n?umuganga witwa Maniriho Rodrigue ubusanzwe akorera  mu bitaro bya Kibagabaga mu Karere ka Gasabo,avuga ko akora muri laboratwari y'ibyo bitaro(Labo-Scientist). Uyu aracyekwaho kuba  ariwe wahaye ibisubizo bihimbano bariya banyamahanga  bafatiwe mu rugo kwa Jay Polly ariko we  aremera ko yabihaye undi muntu umwe  utari mu bafashwe. 

Yagize ati? Hari icyemezo (Certificate) kigaragaza ko uwitwa Amina yapimwe COVID-19 akaba ari muzima, ibyo bisubizo sibyo kuko nabimukoreye ngira ngo ajye mukizamini cy?akazi. Imyirondoro ye nari nayihawe na mubyara wanjye  witwa Habumugisha Innocent, ndasaba imbabazi abanyarwanda n?Igihugu muri rusange narateshutswe.?

Maniriho  (Labo-scientist) mu bitaro bya Kibagabaga yemeye ko hari umuntu yahaye icyemezo cy'uko atanduye COVID-19 kandi atamusuzumye.

Maniriho avuga ko ari ubwa mbere yari akoreye umuntu icyangombwa gihimbano kigaragaza ko umuntu atanduye COVID-19 , avuga ko yari yabimukoreye ku buntu nta kiguzi kuko byari mu rwego rwo gufasha umuvandimwe.

Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera  yavuze ko  abafatiwe mu rugo rwa  Jay Polly bakoze urukomatanye rw?ibyaha n?amakosa kuko barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, kuba harimo abanyamahanga bari bafite ibisubizo bya COVID-19 bihimbano  bagerekaho no kuba barimo gukoresha  urumogi.

Ati?Bariya bantu 12 bafatiwe mu rugo rwa Jay Polly barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 biteretse inzoga,  ariko si ibyo gusa kuko bari kumwe n?umuntu waturutse mu Murenge uri mu kato, Umurenge  wa Mbazi mu Karere ka Huye, bafatanwe ibiyobyabwenge ndetse hari n?abari bafite ibisubizo bihimbano bigaragaza ko batanduye COVID-19 . Ibyo byose inzego zibishinzwe zigiye kubikorera iperereza bazabihanirwe.?

CP Kabera yakanguriye abantu kugana ibigo n?amavuriro byahawe uburenganzira na Leta   gupima no gutanga ibisubizo  ku cyorezo cya COVID-19 aho kujya gukoresha ibihimbano.  Yasabye abaganga bakora muri serivisi zisuzuma zikanatanga ibisubizo  kwirinda kubyitwaza ngo bahe abantu ibisubizo bihimbano kandi bazi ibyemewe.

CP Kabera yavuze ko abantu bafatiwe mu rugo rwa Jay Polly bacyekwaho urukomatanye rw'ibyaha n'amakosa yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Yakomeje avuga ko yaba utanga bus ubizi bihimbano cyangwa ushaka ibyo byangombwa bose baba barimo gukora ibyaha. Abibutsa ko ushobora gushaka ibyangombwa bihimbano kandi urwaye COVID-19 bigatuma iguhitana ndetse ukanayanduza abandi.

Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda yavuze ko bariya bantu bagiye gushyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB)  kugira ngo rukore iperereza ku bijyanye no gukoresha ibiyobyabwenge  n?inyandiko mpimbano ariko bakabanza gusuzumwa icyorezo cya COVID-19.

Mutabonwa Shemsa akomoka mu Murenge uri mukato (Mbazi mu Karere ka Huye) avuga ko yahamagawe n'inshuti ye ngo aze basangire bafatirwa kwa Jay Polly 

Itegeko no68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 276 ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y?ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

Umuntu wese, ku bw?uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n?ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk?uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Iteka rya minisitiri n? 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw?ibiyobyabwenge n?ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy?urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw?imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n?amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n?urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.