Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

RUBAVU: Abakozi ba Polyclinic la Croix du Sud bahuguwe ku kwirinda no kurwanya inkongi

Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Kanama, Polisi y?u Rwanda, ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi ryahuguye abakozi 29 bakora mu ivuriro rya Polyclinic la Croix du Sud-Gisenyi riherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ku kwirinda no kurwanya inkongi bakoresheje ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu kuzimya inkongi.

Ni amahugurwa y?umunsi umwe yahawe abayobozi b?amashami  agize ivuriro, abaganga, abakora amasuku n'abacunga umutekano w?ivuriro

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane hahuguwe kandi abakozi 25 bakora mu ikaragiro rya Mukamira riherereye mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Mukamira, hahuguwe abakozi b?ikaragiro, abatekinisiye, abashinzwe umutekano, abakora amasuku, n?abakora muri kantine.

Abitabiriye aya mahugurwa bigishijwe ibitera inkongi, amoko y?inkongi, uko bakwirwanaho bazimya inkongi yoroheje bakoresheje bimwe mu bikoresho byabugenewe birimo ibizimyamuriro, n?uko bazimya inkongi iturutse kuri gazi bakoresheje uburingiti butose.

Inspector of police (IP) Boniface Runyange watanze aya mahugurwa yavuze ko aya mahugurwa ari  muri gahunda iri shami ryateguye yo guhugura abakozi bo mu bigo bya Leta n?ibyigenga, guhugura abantu bahurira ahantu ari  benshi nko mu bitaro, mu masoko, mu nganda, mu bigo by?amashuri, n?ahandi hatandukanye, hagamijwe kubaha ubumenyi ku bigendanye n?inkongi no kubigisha uko bakoresha ibikoresho byabugenewe mu kuzizimya, birimo n?ikiringiti n?isume itose bagatwikira ikibatsi cy?inkongi zaturutse kuri Gazi.

Yanavuze ko mu byo babigisha harimo no gukoresha neza ibikoresho by?amashanyarazi no kubigisha uko bakoresha Gazi neza hirindwa impanuka ziyiturukaho. Muri aya mahugurwa kandi basabwa ko ubumenyi bakuye muri aya mahugurwa babusangiza abandi haba aho batuye n?aho bakorera.

Nyabyenda Sylverien, ushinzwe abakozi muri iri vuriro, yashimiye Polisi y? u Rwanda yateguye aya mahugurwa kuko yari akenewe cyane dore ko  batari bazi neza uko bakoresha ibikoresho bizimya umuriro kandi babifite.

Yagize ati: Twari dusanzwe dufite icyuho mu bumenyi bwo gukoresha ibikoresho bizimya umuriro, ariko ubu turishimira ko duhawe ubumenyi buzadufasha guhangana n?inkongi igihe yaba ibayeho.?

Yasoje yizeza ko ubumenyi bahawe bazabusangiza n?abandi butarageraho kuko aribwo buryo buzatuma inkongi zicika mu gihugu cy? u Rwanda.

Ishami rya Polisi rishinzwe gutabara abari mu kaga no kurwanya inkongi rirakangurira abaturage kujya abahamagara Polisi igihe habaye inkongi kuri izi nimero zikurikira :111,112 (imirongo itishyuzwa) cyangwa 0788311224. Mu majyaruguru: (0788311024), lburengerazuba:0788311023, Iburasirazuba: (0788311025), Umupaka wa Rusumo: 0788380 615, Amajyepfo:  0788311449, Umujyi wa Kigali UTC (Nyarugenge): 0788380436, Remera: 0788380467, Special Economic Zone: 0788380427.