Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Abandi bantu bafatanwe ibyangombwa bihimbano by?uko bipimishije COVID-19

Abantu bane bafatiwe mu Karere ka Rubavu ku mupaka wa La Corniche One Stop Border Post uhuza urwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bafite inyandiko mpimbano zigaragaza ko bisuzumishije icyorezo cya Covid-19 ndetse zigaragaza ko batanduye. Bafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri.

Abafashwe ni Uwizeyimana Grace w?imyaka 24, Niyomwungeri Jonathan w?imyaka 24, Mutabazi Ibrahim w?imyaka 24 na Niyitegeka Patrick w?imyaka 25. Aba bafashwe nyuma y?aho mu cyumweru gishize kuri uriya mupaka hari hafatiwe abandi batandatu nabo bafite inyandiko mpimbano zigaragaza ko bipimishije icyorezo cya COVID-19. Nabo bafashwe bashaka kwambuka ngo bajye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Abafashwe kuri uyu wa Gatandatu nabo beretswe itangazamakuru kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nzeri ku kicaro cya Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko abo bantu bane nabo bafashwe barimo kigerageza kujya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Yagize ati? Kuba umuntu yaripimishije icyorezo cya COVID-19 kandi ukaba uri muzima ni kimwe mu bisabwa kugira ngo wambuke umupaka. Kuwa Gatandatu bariya bafashwe bashaka kujya muri Congo, bageze ku mupaka berekana ibyagombwa bihimbano bigaragaza ko bipimishije kandi ari bazima.Abapolisi kuri uriya mupaka barabisuzumye bahita babona ko ari ibihimbano bahita babafata.?

Uwizeye Grace na Niyomwungeri Jonathan bemeye ko bari bacurishije inyandiko mpimbano zigaragaza ko bipimishije COVID-19.

Uwizeye yagize ati? Nagiye ku kigo nderabuzima mpakura icyangombwa kizima kigaragaza ko umuntu yipimishije COVID-19. Icyo nicyo twahereyeho tugisubiramo duhimba ko twipimishije kugira ngo twambuke umupaka.?
 
Mutabazi Ibrahim nawe yavuze ko icyangombwa gihimbano yagikuye kuri Niyitegeka Patrick abanje kumwishyura amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 5.

CIP Karekezi yongeye kuburira abantu ko bagomba kwirinda iyo myitwarire iganisha ku byaha abasaba kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.


Yagize ati? Guhimba inyandiko zigaragaza ko wipimishije icyorezo cya COVID-19 ni icyaha kandi binaganisha ku gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19. Turakangurira abantu kwirinda biriya byaha kandi bakajya batanga amakuru igihe babonye uwakoze bene biriya byaha.?

Abafashwe bose bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo hakorwe iperereza.
Ingingo ya 276: Guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano

Umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko cyangwa ikindi kintu cyanditseho igitekerezo, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y?ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, aba akoze icyaha.

Umuntu wese, ku bw?uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n?ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk?uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa ibihano biteganyijwe mu gika cya 3 cy?iyi ngingo. Iyo guhimba byakozwe n?umukozi wa Leta mu murimo ashinzwe cyangwa n?undi ushinzwe umurimo w?igihugu, igihano kiba igifungo kitari munsi y?imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Inkuru bijyanye


Rubavu: Batandatu bafatanwe ibyangombwa bihimbano bigaragaza ko bipimishije COVID-19 www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/news/rubavu-batandatu-bafatanwe-ibyangombwa-bihimbano-bigaragaza-ko-bipimishije-covid-19/