Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

RUBAVU: DIGP Namuhoranye yasabye abapolisi gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa; DIGP Felix Namuhoranye ku munsi w?ejo tariki ya 10 Kanama, yasuye abapolisi bakorera mu Karere ka Rubavu, abasaba guhora bari maso kandi bagakora akazi ko gucunga umutekano kinyamwuga.

DIGP Namuhoranye, ubwo yaganirizaga abapolisi yabibukije ko akazi kabo ari ugucunga umutekano w?abanyarwanda n?ibintu byabo by?umwihariko abatuye mu Karere ka Rubavu.

Yagize ati: ?Mugomba kuba maso buri gihe, mugaharanira  ko umutekano uhora wizewe kugira ngo  u Rwanda rugumane isura nziza  mu ruhando rw?amahanga. Abanyarwanda bagomba kwishimira umutekano wabo kandi ni inshingano zacu nka Polisi y?u Rwanda kubishimangira.?

Yabibukije ko ruswa muri Polisi y? u Rwanda itihanganirwa, kimwe n'ibindi byaha bigira ingaruka ku gihugu nko gukwirakwiza ibiyobyabwenge.

Akarere ka Rubavu ni kamwe mu nzira zikomeye zo gucuruza magendu kubera ko aho gaherereye ku mupaka uhana imbibi n?igihugu cya  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

DIGP Namuhoranye yibukije abapolisi guhora barangwa no kugira imyitwarire myiza, gukorera hamwe ndetse no gukunda akazi.